Amwe mu ma sacco yagaragayemo abanyamuryango bahabwa inguzanyo ku buryo butemewe
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) kiratangaza ko hari imwe mu mirenge sacco kugeza ubu itanga inguzanyo ku buryo budasobanutse kuburyo hari n’abazihabwa batujuje ibisabwa. Yandagiriye Pascal, ushinzwe ubugenzuzi muri iki kigo gishinzwe guteza imbere amakoperetive avuga ko hari amwe mu ma sacco kugeza ubu afite za komite zikora nabi ndetse n’ubuyobozi bwa sacco nabwo bugakora nabi. Iyi mikorere ikaba ikurikirwa n’ibindi... Read More
Muhanga: abaturage batinya kugana sacco kubera gutinya guhomba nko muri za microfinance
Ubuyobozi bwa sacco Dukire yo mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga ho mu ntara y’Amajyepfo buratangaza ko bamwe mu baturage batari bake muri uyu murenge batinya kugana imirenge sacco kuko bahombeye mu bigo by’imari (microfinance) byahombye. Mu myaka yashize leta yashishikarizaga abanyarwanda kugana ibigo by’imari birimo by’umwihariko ibiciriritse aribyo microfinance nyamara nyuma y’igihe kitari kinini zimwe zatangiye kugaragaza... Read More
Bukure : Abaturage barishimira ibyiza SACCO yabagejejeho
Inyubako ya sacco Bukure yatashywe ku mugaragaro Ubwo hatahwaga ku mugaragaro inyubako ya sacco y’umurenge wa Bukure mu karere ka Gicumbi irangiye itwaye amafaranga arenga miliyoni makumyabiri n’eshatu (23589135frw) yatanzwe n’abanyamuryango bayo ndetse n’abaturage muri rusange. Madamu Mutumwinka Console watanze ubuhamya akaba yashimiye sacco kuko yamukuye mu bukene mu gihe yari ageze mu cyiciro cy’ubukene agera n’aho gutangirwa mutuelle... Read More
Nyagihanga: Barasabwa kwitabira gukorana na SACCO
Ruboneza Ambroise Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Abaturage bo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, barashishikarizwa gukorana n’ibigo by’imali iciriritse na za SACCO ngo kuko ariyo nzira yihuse yatuma bivana mu bukene, bakabasha gutera imbere byihuse. Ibi abaturage bo muri uyu Murenge babisabwe n’umuyobozi wa Karere Ruboneza Ambroise ubwo yafunguraga ku mugaragaro inyubako nshya ya Nyagihanga Terimbere SACCO ku wa 8 Gicurasi 2013. Ruboneza... Read More
Gakenke: Unguka Bank commended as best in customer care, service delivery
Customer care and service delivery has been quite a problem in Rwanda for quite some time but through training especially private entrepreneurs and all involved companies, a very big step has been taken in having the best service delivery in the country. This can be confirmed through financial institutions that have continuously made their services and customer care better. Felecien Nkurikiyumukiza the client of Unguka Bank who resides in Nganzo... Read More
Gakenke: Abagana Unguka Bank barashima ko bahabwa serivisi nziza
Kwakira neza ababagana no kubaha serivisi nziza cyari ikibazo cy’ingutu mu Rwanda mu minsi ishize. Ariko, hamwe no kwigisha abikorera by’umwihariko, hari intambwe igenda iterwa. Ibi bigaragarira muri bimwe mu bigo by’iamari aho abarigana batanga ubuhamya ko bahabwa serivisi nziza. Nkurikiyumukiza Felecien, umukiriya wa Unguka Bank utuye mu Kagali ka Nganzo, Umurenge wa Gakenke avuga ko Unguka Bank ibakira neza ikanabaha serivisi... Read More
Kabarondo: Inguzanyo abaturage bahabwa na SACCO zituma barushaho kuyikunda
Bamwe mu banyamuryango ba SACCO Dukire yo mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bavuga ko uburyo yorohereza abaturage kubona inguzanyo ziciriritse bituma bayigana ari benshi. Ku wambere no ku wakane buri cyumweru kuri Sacco ya Kabarondo haba hari abaturage benshi bashaka serivisi zo kubitsa, kubikuza no gusaba inguzanyo. Bamwe mu bakiriya b’iyo Sacco bavuga ko mbere abaturage batari basobanukiwe n’akamaro ka banki, ariko ubu batangiye kugana... Read More
Ngororero: Gahunda y’ibimina izwi ku izina rya “tunekwa” ngo ihombya abaturage
Amakuru dukesha abakozi b’imirenge bashinzwe amakoperative mu karere ka Ngororero ni uko bamwe mubaturage bayobotse gahunda y’ibimina mukwaka inguzanyo mubigo by’imari babagana babasaba kubafasha kumvikana n’ibyo bigo ngo bave muri gahunda y’ibimina kuko bibahombya. Impamvu nyamukuru y’uko guhomba, ngo ni uburyo ayo mabanki n’ibigo by’imari bibaha amafaranga ntangwate batanze ahubwo buri wese akishingira mugenzi we maze bamwe muribo... Read More
Rubavu: Sacco itangiye kwigirwaho kubera udushya yazanye mu gukorana n’abaturage
Urubyiruko rwishimiye uburyo rutekerezwaho mu kwiteza imbere Ishakwe Nyamyumba Sacco yo mu murenge wa Nyamyumba niyo imaze kuba bandebereho muzindi Sacco kubera udushya yazanye mu gukorana n’abaturage bigatuma yitabirwa birenze uko izindi Sacco zo mu turere twa Karongi, Muhanga, Burera na Musanze zitabirwa. Abitabiriye urugendo shuri muri Sacco Ishakwe Nyamyumba bavuga ko Sacco zabo zigifite ikibazo cyo gukorana n’abaturage neza bitabira gufata... Read More
Nyabihu: Umuti w’abambuye ibigo by’imari bimwe na bimwe bikabiviramo gufunga imiryango, urimo kuvugutwa
Mukaminani Angela, umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere avuga ko abambuye ibigo by’imari bagiye gukurikiranwa n’inzego z’ubuyobozi Nk’uko Mukaminani Angela abivuga,abambuye ibigo by’imari mu karere ka Nyabihu ni benshi ndetse bimwe mu bigo by’imari bikaba byaranafunze imiryango. Hagamijwe kureba uburyo ibigo by’imari bikorana n’abaturage mu rwego rwo guharanira iterambere ryabo;inama ya Acces to finance forum yateraniye... Read More
Follow Us!
By PDGACO payday loans